Minisiteri y’Ubuzima yamurikiye Abadepite umushinga w’itegeko rigena serivisi z’ubuvuzi, hemezwa itegeko ryo gutwitira undi mu Rwanda

Minisiteri y’Ubuzima yamurikiye Abadepite umushinga w’itegeko rigena serivisi z’ubuvuzi, hemezwa itegeko ryo gutwitira undi mu Rwanda
Hatowe umushinga wemerera umuntu gutwitira undi

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana yagejeje ku Nteko Rusange y’Abadepite umushinga mugari w’itegeko rigenda serivisi z’ubuvuzi mu Rwanda, mu gikorwa cyanemerejwemo itegeko ryemerera umuntu gutwitira undi risanzwe rikoreshwa mu bindi bihugu by’umwihariko ibyo mu Burengerazuba bw’Isi.

Aya Mategeko akaba yavugiwe ku nteko y’abadepite kuri uyu wa Kabiri, tariki 5 Ugushyingo 2024, akazahurizwa hamwe amategeko asanzwe agenga umwuga w’ubuvuzi.

Bimwe mu biteganywa mu mushinga mushya w’itegeko harimo gushyiraho imirongo ngenderwaho kuri serivisi zo kororoka no gutwitira undi n’ikoreshwa ry’ikoranabuhanga mu buvuzi.

Harimo kandi kunoza imikorere ya serivisi z’ubuvuzi, kuvugurura imyaka yo kwiyemerera kubona serivisi z’ubuvuzi (guhera ku myaka 15) hagamijwe kugabanya ingaruka ziterwa no kutabona izo serivisi ku bangavu.

Kugira ngo hemezwe uyu mushinga w’iri tegeko byasabye ko hatorwa, aho ku bwiganze bw’amajwi bw’abangana na 96.9% bemeje ko uyu mushinga ukomeza.

 

UMWANDITSI: NKUSI Germain

Hatowe umushinga wemerera umuntu gutwitira undi

Dr. Sabin Nsanzimana ageza ku Nteko umusinga wa serivisi z’ubuvuzi

Comments

No comments yet. Why don’t you start the discussion?

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *