Umwongereza Liam Payne yari afite imyaka mirongo itatu n’umwe (31) y’amavuko, aho amakuru yo gutabaruka kwe yamenyekanye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Ukwakira 2024, ariko ntabwo icyateye urupfu rwe cyamenyekanye.
Itsinda rya One Direction uyu muhanzi yabarizwagamo ryamamaye binyuze mu bihangano byabo byakunzwe bikinakunzwe n’abantu mu mpande z’Isi zirimo “Story Of my Life, Steal my Heart, You and I, What makes you beautiful” n’izindi.
Iri tsinda rikaba ryari rigizwe na Liam Payne, Harry Styles, Zayn, Louis Tomlinson na Niall Horan kuri ubu batakiri kumwe.
Abantu bari kuvuga byinshi ku rupfu rwe banasaba abari gukwirakwiza amashusho y’umurambo we ko ibyo arihohotera no gutesha agaciro ikiremwa muntu.
UMWANDITSI: NKUSI Germain


