Manchester United yemeje ko umukinnyi wayo warumaze umwaka adakina yatangiye imyitozo

Manchester United yemeje ko umukinnyi wayo warumaze umwaka adakina yatangiye imyitozo

Ikipe ya Manchester United ikina shampiyona y’icyikiro cya mbere mu Bwongereza yemeje ko umukinnyi wayo, Tyrell Malacia yatangiye gukora imyitozo nyuma yuko amaze umwaka w’imikino wa 2023/24 adakandagira mu kibuga kubera ikibazo cy’imvune.

Uyu mukinnyi ukina inyuma ku ruhande rw’ibumoso yatangiye iyi myitozo ku munsi wejo kuwa Gatanu taliki ya 21 Nzeri 2024.

Malacia yakoze imyitozo yoroheje imufasha kugaruka neza akaba yarayikoranye n’abakinnyi bagenzi be ku kibuga cy’imyitozo cya Manchester United i Carrington.

Uyu myugariro w’Umuhorandi nubwo yakoze iyi myitozo ya nyuma itegura umukino Manchester United ifitanye na Crystal Palace kuri uyu Wa Gatandatu Saa kumi nebyiri n’iminota 30 ariko ntabwo byitezwe ko yahita akoreshwa.

Tyrell Malacia yageze muri Manchester United muri 2022 avuye muri Feyenoord yiwabo mu Buhorandi akaba amaze kuyikinira imikino 22.

Tyrell Malacia watangiye imyitozo nyuma y’umwaka wose adakina

UMWANDITSI: Rukundo Jean Claude

Comments

No comments yet. Why don’t you start the discussion?

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *