Biden w’imyaka 81, yari ari mu bikorwa byo kwiyamamaza muri Las Vegas, aho yaniteguraga gutanga ijambo mu nama ngarukamwaka ya UnidosUS, ni bwo yagaragaweho n’ibimenyetso bya Covid bamupimye barayimusangana.
Umuganga we yavuze ko Biden yahawe dose ya mbere y’umuti wa Paxlovid, hanyuma akaba agiye kwishyira mu kato mu rugo rwe muri Rehoboth Beach, Delaware nk’uko amabwiriza y’Ikigo cya Leta ya Amerika gishinzwe gukumira ibyorezo abiteganya.
Umunyamabanga ushinzwe itangazamakuru muri White House, Karine Jean-Pierre, yavuze ko ubutumwa bw’umuganga bwagaragaje ko Perezida yagaragaje ibimenyetso byo guhumekera hejuru, birimo gushoka kw’amazi yo mu mazuru kwa hato na hato, agakorora kadashira ndetse no kumva atameze neza muri rusange.
Nyuma yuko asanzwemo COVID-19, Perezida Joe Biden yifashishije urubuga rwa X ashimira abantu bose bamwifurije gukira.