Uku kuraswa kwabaye ku wa Gatandatu Tariki 13 Nyakanga ubwo yari muri Leta ya Pennsylvania aho yari yakomereje ibikorwa byo kwiyamamaza kuzongera kuyobora Amerika.
Amashusho agaragaza Donald Trump ava amaraso ku gutwi, ubwo yari amaze kuraswa, ahita ahungishwa n’abashinzwe umutekano.
Inzego zishinzwe umutekano zatangaje ko zarashe mu kico Thomas Matthew w’imyaka 20 y’amavuko ukomoka muri Bethel Park aho i Pennsylvania.
Uwo bikekwa ko ariwe wagerageje guhitana Donald Trump.
Aho kandi hapfiriye abandi bantu batatu, barashwe.
Abayoboye Leta Zunze Ubumwe z’Amerika barimo , Barack Obama, George W Bush, Bill Clinton na Jimmy Carter bose bihutiye kwamagana uko kuraswa, bavuga ko bishimiye ko Trump atababajwe cyane, bityo ko ibikorwa byo kwiyamamaza biraza gukomeza.
Umwanditsi: MANIRAGUHA Japheth/ Yacu News

