Umukinnyi wa AS Kigali yitabye Imana

Umukinnyi wa AS Kigali yitabye Imana
Mukonya wakiniraga AS Kigali yitabye Imana

Umukinnyi wakinaga mu ikipe ya AS Kigali,Jean Paul Mukonya yitabye Imana azize impanuka yo mu kibuga.

Kuri uyu Wa Gatandatu taliki ya 6 Nyakanga 2024 ubwo uyu mukinnyi yakinaga n’abandi batabigize umwuga ahitwa Mageragere mu karere ka Nyarugenge nibwo yagoganye n’umunyezamu ahita amira ururimiAbakinanaga nawe bahise bagerageza kumuha ubutabazi bw’ibanze ngo babe barugarura ntarumire ndetse bifashisha n’inzego z’ubuvuzi ariko birangira yitabye Imana, umurambo uhita ujyamwa mu bitaro bya Nyarugenge.

Ahoyikuye Jean Paul Mukonya wakinaga nka myugariro mu ikipe y’Abanyamujyi ya AS Kigali yitabye Imana afite imyaka 26.

Mu mwaka ushize w’imikino yakinnye igice kibanza cya shampiyona gusa imikino yo kwishyura ntiyayikina ndetse bikanavugwa ko yaba yararetse ruhago ariko akaba yari agifite amasezerano ya AS Kigali.

Usibye iyi kipe kandi yanakiye andi makipe arimo Kiyovu Sports ndetse yigeze no guhamagarwa mu ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi y’abatarengeje imyaka 23.

Mukonya wakiniraga AS Kigali yitabye Imana

Comments

No comments yet. Why don’t you start the discussion?

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *