Sekoma niyo iyoboye izindi! Menya indirimbo zumvishwe cyane muri iki cyumweru

Sekoma niyo iyoboye izindi! Menya indirimbo zumvishwe cyane muri iki cyumweru

Indirimbo Sekoma y’umuhanzi ‘Chriss Eazy’ niyo yaje imbere y’izindi ku rutonde rw’indirimbo zimaze kumvwa cyane muri iki cyumweru  ku rubuga rwa ‘Audiomack’ mu Rwanda.

Ni urutonde rwasohowe na ‘Rwandacharts’ kuri uyu Wa Kane taliki ya 4 Nyakanga 2024. Uru rutonde rugaragaza indirimbo icumi zumviswe kurusha izindi, iza kumwanya wa 10 ni Wait ya Kivumbi na Axon ,Besto ya Okkama na Kenny Sol iri ku wa 9 mu gihe iza ku wa 8 ari Ntiwamvamo Live ya Logan Joe na Kenny-Shot.

Ku mwanya wa 7 hari Iki?  ya Ish Kevin,ku wa 6  hari  Wave ye Asak na Central Cee ,kuwa 5 hari Komasava ya Diamond, ku wa 4 hari Ogera ya Bwiza na Bruce Melodie,ku wa 3 hari Amanota ya Danny Nanone,ku wa 2 hari Milele ya Element naho iri ku mwanya wa 1 ni Sekoma ya Chriss Eazy.

Urutonde rwakozwe na ‘Rwandacharts’ rugaragaza uko indirimbo zikurikirana

Iyi ndirimbo iyoboye  izindi ni indirimbo yasohotse mu buryo bugoranye dore ko mbere yo gusohorwa ku mugaragaro habanje kubaho kwibwa kwa mudasobwa yari irimo. Ibi byatumye benshi batangira kwibaza niba izakundwa ndetse ikaba ikimenyabose nkizindi ndirimbo z’uyu muhanzi. 

Umuhanzi ‘Chriss Eazy’ abinyujije ku muyobora wa ‘YouTube’ ya ‘MIE’ yasobanuye ko uku kwibwa mudasobwa byamuteye akanyabugabo mukimbo cyo kumuca intege bigatuma arushaho kongera byinshi mu mushinga w’iyi ndirimbo.

Mu bigaragazwa n’imibare iyi ndirimbo ikomeje gukundwa n’abatari bake ibi bituma ikomeza kwitwara neza no kuzindi mbuga zicuruza imiziki nka ‘YouTube’ ‘Boomplay’ na  ‘Spotify’.

Comments

No comments yet. Why don’t you start the discussion?

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *